Ikaze mu Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe Ruhango
Iyi Ngoro ihererehe muri Diyoseze ya Kabgayi, Paruwasi Ruhango. Mu Ntara y’Amajyepfo.
Ikaze twifatanye mu murimo ukomeye wo gusana imitima y’abantu bafite intimba kugira ngo tubafashe kwiyunga n’Imana ndetse n’abavandimwe.
Iyi Ngoro izwi cyane kubera ibitangaza bibera mu Misa yo gusabira abarwayi iba buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi na buri wa kane.
Ingoro ibereyeho iki ?
Gufasha abantu kwiyunga n’Imana
Gusabira igihugu cyacu n’isi yose amahoro
Kwamamaza Impuhwe z’Imana
Ubutumwa
Ubutumwa ni imirimo itandukanye ikorerwa mu Ngoro igafasha abaje bayigana.
Misa zo gusabira abarwayi
Izi misa sisomwa buri cyumweru cya mbere na buri wa kane w’icyumweru.
Gutega amatwi
Twakira abantu baremerewe kuri roho, ku mubiri no ku mutima. Kubatega amatwi bibasubiza ikizere ko Imana ibumva.
Amasakaramentu
Abagana ingoro baba bafite amahirwe yo guhabwa penetensiya, Bashobora guhabwa n’Isakaramentu ry’abarwayi iyo bibaye ngombwa.
Gushengerera
Mu Ngoro gushengerera Yezu Kristu mu isakaramentu ry’ukaristiya bikorwa ku buryo buhoraho.
Guherekeza
Abamaze gutegwa amatwi hari ubwo bibasaba urugendo rwo kongera kwiyunga n’Imana na bagenzi babo. Ingoro ibibafashamo.
Imyiherero
Ingoro ikunda gutegura imyiherero ikunda kwibanda ku mpuhwe z’Imana, ku kubohoka ku ngoyi za Sekibi no kumenya no gukira ibikomere.
Dufite abapadiri, ababikira n’abalayiki biteguye kubakira neza.
Ubuzima bwacu twabuhariye kuba ibikoresho bya Yezu Nyirimpuhwe wifuza ko nta muntu n’umwe waza mu Ngoro ngo atahe imbokoboko.
![Bienvenue Gusabira abarwayi Bienvenue Gusabira abarwayi](https://ruhangosanctuary.org/wp-content/uploads/2023/10/Gusabira_abarwayi.webp)
Nta n’umwe dusubiza inyuma. Murisanga !
Mutugereho
Ubukarani
+250782 146 016
Gusaba isengesho
+250 786 377 986
Twandikire
ruhangoyezunyirimpuhwe@gmail.com
Aderesi
Ingoro ya Yezu Nyirimpuhwe
B.P. 15 Ruhango